Monday, February 17, 2025

Koko M23 yafashe Bukavu?

 NYUMA YO GUFATA GOMA N"IKIBUGA CY"INDEGE CYA KAVUMU NI UKU BYIFASHE MURI M23.


Umutwe w'ingabo za M23 wafashe umujyi wa Bukavu, umujyi wa kabiri munini mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).

Ibi bibaye nyuma y'uko bafashe umujyi wa Goma mu kwezi gushize,umujyi ukomeye cyane muby'ubucuruzi bukorerwa muri Congo.

Mu ifatwa rya Goma,byagaragaye cyane ko igisirikare cya Leta ya Congo n'indi mitwe y'iterabwoba hamwe n'ibindi bihugu birimo Afrika y'epfo bakomeye cyane kuri uyu mugi,dore ko umaze gufatwa babonye batsinzwe nuko  berekeza intwaro mu karere ka Rubavu gaherereye mu gihugu cy'u Rwanda.


Ifatwa rya Bukavu,ryabaye nk'irishidikanywaho kugeza ubu,kuko benshi batabyemera.Umuvigizi w'ingabo za M23  abajijwe niba koko bafashe umugi wa Bukavu,yasetse cyane abwira abantu kureba ibiri kuhabera kuko byo ubwabyo bisobanura ibiri kuvugwa.



Hari amafoto menshi yagiye akwirakwizwa Ku munsi w'ejo abasore n'inkumi za M23 bifotoreza imbere muri uyu mujyi,ariko amakenga nayo yari yose kuko batekerezaga ko isaha n'isaha hashobora kuba imirwano iteye ubwoba kurusha n'iyabereye i Goma.


Hari umuturage w'i Bukavu wabajijwe icyo yabonye iwabo,aravuga ati"Koko nabonye umurongo munini w'abasore basa na  M23.Bari uruhererekane runini kandi bari bameze nk'abatabaye."Uretse uyu kandi,hari Abakongomani bagiye bifata amafoto Ku munsi w'ejo w'itariki ya 16 Mutarama,ya mafoto mururimi rw'icyongereza bajya bita 'selfie',ubona bafitiye aba abasore urugwiro rwinshi nkabaziye mugihe.



Urwikekwe ni rwinshi cyane muri Leta ya congo n'abambari bayo barimo igihugu cy'u Burundi,kuko barabona M23 aho gusubira inyuma bararushaho kwigarurira n'ibindi bice kandi by'inby'ingenzi mu intambara.

Kugeza ubu Leta ya Congo iracyasabira u Rwanda ibihano kuko irushinja ibyo bitero byose hamwe no kunganira M23,gusa igihugu cy'u Rwanda ibyo kibyamaganira kure kiti"Abo ni Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo."

No comments:

Imana yaremye abagabo n'abagore ku impamvu.

 Vice Perezida JD Vance yatangaje ko hari impungenge z’uko umuco muri Amerika uri gutera kugerageza kugabanya imiterere ya kera y’abahungu n...